Iserukiramuco ry’urwenya ryiswe ’Caravane du rire’ rizabera bihugu bitatu birimo u Rwanda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo rigarukanye abanyarwenya 12, bavuye mu bihugu bitandukanye bya Afurika.
Iri serukiramuco rigiye kuba ku nshuro ya kabiri rizabanzirizwa n’ibitaramo by’iminsi ibiri bizabera i Kigali, aho ku wa 15 Ukuboza 2022 bazataramira kuri Mundi Center (Boogaloo), ku munsi wahariwe abanyarwenya bakoresha Ikinyarwanda n’Igifaransa.